GS RWAHI TSS
ISHURI:P6
ISOMO:IKINYARWANDA
AMAZINA RY’UMUNYESHURI:……………………………………………………………………………………………………
ISUZUMABUMENYI RITANGIRA IGIHEMBWE CYA KABIRI 2023-2024
Umwandiko:Urugori.
Urugori ni cyo kimenyetso cy’umugore bita umubyeyi(umutegarugori);atangira kurwambara amaze kubyara umwana w’uburiza.Abana be n’iyo bapfuye ntarureka,arwambarira umugabo we.Arureka yabaye umupfakazi ariko mu Kiliziya ararwemerewe ntakizira gihari.Abagore banarwambara basanganira Perezida,ni bwo buryo bwo guha Perezida icyubahiro.Ngizo impamvu zituma ingori ziba nziza rwose.No mu bagore ba bakirisitu nta kintu kibi umuntu yabona mu ngori zabo.Nta mwiryo ubamo,ntibimeze nk’imitamirizo y’inigi.Ndetse hakurikijwe uko bimera mu Rwanda no mu Kiliziya barazambara.Igihe cyo gushagara Isakaramentu,bagenda baziteze,kuko Yezu,ari We Mwami Nyabami,ukwiye icyubahiro cyose n’uwo mugisha akaba ari We bawukesha wo kwitwa ababyeyi(abategarugori).
A.Kumva umwandiko /10.
1.Urugori rwerekana iki?
2.Rutegwa na bande?
3.Batangira kurutega ryari?
4.Barutegera nde?
5.Igituma no mu Kiriziya bashobora kurutega ni iki?
B Ikibonezamvugo /20.
1.Vuga ubwoko bw’aya magambo:.
a.Mu Gihugu cyacu dufite demokarasi. Mu:. cyacu:. dufite:.
b.Wa nka we uraryoshye! wa:.
c.Ni iki mutazi muri iri suzuma? Ni:.
2.Erekana imbusane z’aya magambo:.
- umugore #
b.umwami #.
c.nziza #.
3.Vuga impuzanyito z’aya magambo:.
a.imfura:.
b.umukambwe:.
C.Ikeshamvugo /10.
1.Andika imvugo yabugenewe.
- Inyana ikivuka yakubise umugeri amata ataragezwa aho aterekwa,nayo yari igikina itaragera mu kiraro cyayo tuba turayahombye.
- Inyana ikivuka:.
- ikubise umugeri amata:.
- aho aterekwa:.
- ikiraro cyayo:.
b.Jya kugura imbwa,iturindire ibyacu dore abajura bakaze.
- kugura imbwa:
D.Imyandikire /5.
Kosora ahanditse nabi.
mukansanga wo mu ruhengeli yaraye i Kigari Kandi yagombaga kurara ageze i Kabwayi kujya kureba umwana we aho arwariye mu bi